AFC/M23 ihushuye icyo itegereje ngo itangaze Leta yigenga
Ingingo ziri mu Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryo mu 2006 ziragaragaza neza ko manda ya Perezida Félix Tshisekedi izarangira mu mwaka wa 2028. Ariko ibimenyetso bituruka mu ishyaka riri ku butegetsi, Union for Democracy and Social Progress (UDPS), byerekana ko atari kwitegura kuva ku butegetsi ahubwo ko hari gahunda yo gushyiraho uburyo bwamufasha kuguma ku butegetsi igihe kirekire.
Ibyo byitwa ivugururwa ry’Itegeko Nshinga biragenda bigaragara nk’umugambi uteguwe wo gukuraho imbogamizi z’ibihe ntarengwa bya manda za Perezida, kugira ngo habeho inzira yo gukomeza gutegeka igihe kitazwi.
Intego nyayo y’iri vugurura iragenda irushaho kugaragara. Si uguteza imbere imiyoborere cyangwa gukorera abaturage, ahubwo ni ugukomeza kugumana ubutegetsi, kubwongerera igihe no kwirinda kubazwa n’inzego za demokarasi.
Abasesenguzi benshi babona ko uyu mugambi ugamije gutuma Tshisekedi abona manda ya gatatu, ndetse bikaba byanageza ku kuba Perezida ushobora kuguma ku butegetsi igihe kitagira iherezo.
Impaka zakajije umurego nyuma y’uko Augustin Kabuya, umunyamabanga mukuru wa UDPS, agejeje ijambo ku bayoboke b’ishyaka i Kinshasa. Yagize ati: “Ni uburiganya kuvuga ko ku buyobozi bwacu tutazakora ku Itegeko Nshinga.”
Kabuya yagerageje gusobanura uwo mugambi yifashishije urugero rw’abayobozi babanje. Yavuze ko Mobutu Sese Seko yahinduye Itegeko Nshinga inshuro 17, Laurent-Désiré Kabila arihindura inshuro 3, naho Joseph Kabila na we yagerageje kurihindura kugira ngo akomeze kuguma ku butegetsi.
Amakuru aturuka mu mutwe w’inyeshyamba wa AFC/M23 avuga ko, niba Perezida Tshisekedi yatangira na gahunda yo guhindura Itegeko Nshinga, “tuzatangaza ubwigenge bwacu.”
Uyu muburo ugaragaza uburyo impaka ziri kubera imbere mu gihugu ku ihindurwa ry’Itegeko Nshinga n’intambara yo mu burasirazuba bwa Congo ubu byamaze gufatana cyane.
Mu yandi magambo, AFC/M23 isa n’ivuga ko guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo Tshisekedi ashobore gukomeza ku butegetsi byashobora gutuma ifata icyemezo gikomeye cyo kwitandukanya na RDC cyangwa gutangaza ubutegetsi bwigenga mu bice igenzura. Ibi byerekana ko ikibazo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi n’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo bitakiri ibibazo bibiri bitandukanye, ahubwo ko kimwe gishobora kugira ingaruka zikomeye ku kindi.
Ubutumwa bwe bwari busobanutse neza.
Yabwiye abayoboke ati: “Mugire ituze. Tuzakora ku Itegeko Nshinga.”
Abasesenguzi bavuga ko ibi atari amagambo ya politiki gusa yo gushimisha imbaga, ahubwo ari umuburo. Mu kwifashisha urugero rw’abayobozi bategekaga mu buryo bw’igitugu, ishyaka riri ku butegetsi rishobora kuba rigerageza kugaragaza ko guhindura Itegeko Nshinga ku nyungu z’abategetsi ari ibintu bisanzwe.
Icyo bamwe babona ko gitegurwa si ivugurura risanzwe, ahubwo ni uguhindura imiterere y’ubutegetsi kugira ngo bifashe Perezida uriho. Niramuka bibaye, bishobora gusenya icyizere cyose cy’uko muri RDC hashobora kubaho ihererekanya ry’ubutegetsi mu mahoro kandi rishingiye kuri demokarasi.
Ikindi gitera impungenge ni uko ibikorwa bya guverinoma ya Tshisekedi bitavugwaho rumwe. Mu burasirazuba bwa RDC, umutekano warushijeho kuzamba ku rwego rutigeze rubaho mu myaka myinshi. Miliyoni z’abaturage bakomeje kubaho mu bukene, nubwo igihugu gifite umutungo kamere mwinshi cyane.
Haracyari kandi ibirego bya ruswa bikunze kuvugwa mu nzego zegereye Perezida, mu gihe leta ikomeje kunanirwa guhindura umutungo kamere w’igihugu serivisi z’ibanze, umutekano cyangwa imibereho myiza y’abaturage. Mu gihe igihugu gikeneye ubuyobozi bukemura ibibazo byihutirwa, leta isa n’iyibanda cyane ku buryo bwo gukomeza kuguma ku butegetsi.
Hari kandi inzitizi zishingiye ku mategeko. Ingingo ya 219 y’Itegeko Nshinga rya Congo ibuza ko Itegeko Nshinga rihindurwa igihe igihugu cyangwa igice cyacyo kiri mu ntambara, mu bihe by’amategeko y’umwihariko cyangwa mu bihe by’amage.
Ibi bifite akamaro kuko uburasirazuba bwa RDC bugikomeje kuba mu ntambara. Bityo, kugerageza guhindura Itegeko Nshinga muri ibyo bihe byafatwa nk’ugusuzugura amategeko cyangwa gukoresha nabi ibihe bidasanzwe kugira ngo hagerwe ku ntego ya politiki yari yarateguwe mbere.
Mu gihe umwaka wa 2028 ugenda wegereza, ikibazo kiragenda kiba gikomeye kandi gisobanutse. Ntikikiri impaka zisanzwe ku ivugurura ry’inzego z’igihugu, ahubwo ni ikigeragezo cyo kureba niba Itegeko Nshinga rigifite agaciro n’ububasha rivuga ko rifite, ndetse niba ubutegetsi muri Congo bugikurikiza amategeko.
Tshisekedi yageze ku butegetsi akoresheje intero igira iti: “Abaturage Mbere ya Byose” (The People First). Ariko niba Itegeko Nshinga rihinduwe kugira ngo akomeze gutegeka, bamwe bavuga ko iyo ndahiro izagaragara nk’iyari igamije kuyobya abaturage.
Bityo, icyo cyari cyatanzwe nk’umushinga wa demokarasi gishobora kuzibukwa nk’inzira yo kugera ku butegetsi bw’igihe kitagira iherezo.

