Indege za Israel zagiye kurasa muri Iran zigarukana n’ibisasu bya Iran bisenya byinshi muri Israel

blank

Iran yarashe ibisasu bya missile kuri Israel, nyuma y’uko Israel igabye ibitero ku butaka bwa Iran, aho humvikanye ibisasu bikomeye mu mijyi irimo Tehran, Tabriz na Isfahan

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko Iran yarashe misile nyinshi ku butaka bwayo, bituma impuruza zivuga mu bice bitandukanye by’igihugu, abaturage basabwa kujya mu bwihisho.

Mu gitondo cyo ku wa 8 Kamena 2026, Israel yavuze ko hari izindi missile Iran yohereje ariko nyuma gato itangaza ko abaturage bashobora kuva mu bwihisho.

Iki gitero cya Iran cyaje gikurikira ibitero bya Israel kuri Iran, aho ibisasu byumvikanye muri Tehran, Tabriz na Isfahan. Israel yanemeje ko ingabo zayo zo mu kirere zagabye igitero ku bigo byo mu ruganda rukora ibikomoka kuri peteroli n’imiti rwa Mahshahr, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Iran.

Rwanda Politics Analysis

Ibitangazamakuru byo muri Iran byavuze ko icyo gitero cyangije igice cy’uruganda rwa Karun Petrochemical Company, mu gihe abakozi bo mu cyanya cy’inganda cya Mahshahr Petrochemical bahise bakurwa muri ako gace ku mpamvu z’umutekano.

Umutwe w’ingabo z’abarinzi b’impinduramatwara muri Iran, IRGC, na wo watangaje ko wagabye ibitero ku birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere za Israel bya Nevatim na Tel Nof. IRGC yavuze ko ibyo bitero byari igisubizo ku bitero Israel yari yagabye ku bigo birimo ubwirinzi (radar) bwo mu kirere bya Iran, biherereye mu bice bitatu bitandukanye by’igihugu.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yahamagaje inama yihariye y’abaminisitiri yiga ku mutekano.

Ibi bitero byanagize ingaruka ku mutekano w’akarere kose. Muri Lebanon, mu murwa mukuru Beirut, humvikanye ibisasu byakekwaga kuba ari ibitero byahagaritswe mu kirere cyangwa ibisasu byarashwe bikarindirwa mu nzira.

Al Jazeera yatangaje ko nta bitero bishya byari byavuzwe muri Beirut cyangwa mu nkengero zayo zo mu majyepfo nyuma y’igitero Israel yari yahagabye ku Cyumweru mu masaha y’ijoro. Icyakora, ibyabaye byagaragaje ko Iran ishaka kwerekana ko urugamba rwo muri Lebanon n’urwo iriho na Israel bidatandukanye.

Abategetsi ba Iran bamaze igihe bavuga ko amasezerano ayo ari yo yose yahagarika ubushyamirane mu karere, yaba aganirwaho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran, agomba no kubamo ihagarikwa ry’imirwano muri Lebanon. Mu mvugo ya Iran, niba Israel ikomeje gukubita Beirut, na yo izakomeza kugaba ibitero ku butaka bwa Israel.

Igisirikare cya Israel cyatangaje kandi ko cyahagaritse misile yarashwe ivuye muri Yemen, mu gihe Arabia Saoudite na yo yatanze impuruza mu gace ka al-Kharj.

blank
blank

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *