FIFA yatangiye iperereza ku irondaruhu ryakorewe IShowSpeed ku mukino wa Argentine na Cabo Verde

FIFA yatangiye iperereza ku irondaruhu ryakorewe IShowSpeed ku mukino wa Argentine na Cabo Verde

Impuzamashyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryatangaje ko ryatangiye gukora iperereza ku bivugwa ko umunyamerika w’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed yakorewe ivanguraruhu n’umufana wari mu mukino wahuje Argentine na Cabo Verde mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Ibi byabereye kuri Hard Rock Stadium i Miami muri Leta ya Florida ku wa 3 Nyakanga 2026, ubwo IShowSpeed yari yitabiriye uwo mukino yambaye umwambaro w’ikipe y’igihugu ya Cabo Verde ndetse awutambutsa kuri YouTube imbonankubone (live).

Amashusho yashyize ku rubuga rwe agaragaza ko habayeho kutumvikana hagati ye n’umufana wa Argentine, aho bivugwa ko uyu mufana yamubwiye amagambo afatwa nk’ivanguraruhu.

Mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, FIFA yavuze ko yamaganye yivuye inyuma ibikorwa byose by’ivangura n’urwango.

Rigira riti: "FIFA yamagana ivanguraruhu, urwango n’ivangura iryo ari ryo ryose. Nta mwanya bifite mu mupira w’amaguru, mu Gikombe cy’Isi cyangwa ahandi hose muri sosiyete."

FIFA yongeyeho ko yahise itangira iperereza ikimara kumenya iby’iyi nkuru, ishimangira ko Igikombe cy’Isi kigamije guhuza abantu b’ingeri zose no kwimakaza ubumwe, kubahana no kwakirana.

Mu kibuga, Argentine yasezereye Cabo Verde iyitsinze ibitego 3-2 nyuma y’inyongera, nyuma y’uko iminota 90 yari yarangiye amakipe yombi anganya 1-1.

IShowSpeed ni umwe mu bantu bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho afite abarenga miliyoni 56 kuri YouTube na miliyoni zirenga 53 kuri TikTok.

Azwi cyane mu gutambutsa imikino n’ibirori bikomeye bya siporo imbonankubone, ndetse yanigeze kwakira Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, mu kiganiro cyagarukaga ku byashobokaga ko Cristiano Ronaldo yakina Igikombe cy’Isi cy’Amakipe (Club World Cup), nubwo bitaje kuba.