Nyuma yo gukoresha arenga miliyari 37,5$ mu ntambara na Iran Pentagone irasaba guhabwa andi

Nyuma yo gukoresha arenga miliyari 37,5$ mu ntambara na Iran Pentagone irasaba guhabwa andi

Minisitiri w’Intambara wa Leta unze Ubumwe za Amerika, Pete Hegseth yahaswe ibibazo bikomeye kuri yu wa Kabiri ushize mu nteko ishinga amategeko ubwo yasoanuraga impamvu intambara ya Iran ikomeje gutwara akayabo k’amafaranga y’umusoreshwa.

Ubwo yafataga ijambo imbere ya Komisiyo ya Sena ishinzwe Ikoreshwa ry’Umutungo kuwa Kabiri, Hegseth yavuze ko kugeza ubu intambara imaze gutwara miliyari 37.5 z’Amadolari (miliyari 32.89 z’Amayero), umubare uri hejuru cyane ugereranije n’ibyari byateganijwe mbere. Yavuze ko inkunga y’inyongera ikenewe byihutirwa, amenyesha ko igisirikare gishobora guhura n’imbogamizi kitabonye iyo nkunga.

Kumva ibisobanuro bye byagiye bihagarikwa n’abigaragambya, kandi iyumvwa rye ryaje nyuma y’iminsi mike Pentagon yemeje ko abandi basirikare batatu ba Amerika bapfuye muri iyo ntambara, bituma umubare w’Abanyamerika bamaze gupfa uba 17.

Abasenateri b’Abademokarate bagaragaje ko batumva ikiguzi ndetse n’aho intambara yerekeza. Senateri Patty Murray yaburiye ko hashobora kuba “indi ntambara ihoraho,” mu gihe abandi badepite bibazaga impamvu Pentagone irimo gushaka inkunga y’inyongera mu gihe hari amafaranga agenewe igisirikare yemejwe mbere atarakoreshwa.

Impaka zije mu gihe Abarepubulikani basaba kwemeza ingengo y’imari ya miliyari 95 z’amadolari irimo miliyari mirongo agenewe igisirikare n’umutekano w’igihugu, ndetse no gutera inkunga ubuhinzi n’ingamba zijyanye n’amatora.

Hagati aho, ubushakashatsi bwerekana ko Abanyamerika benshi bakomeje kunenga uburyo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, akomeje kwitwara mu makimbirane mu gihe intambara na Iran ikomeje.