Iran na Amerika bikomeje kumvana imitsi ariko amato atwaye Peterori akomeza kuhahurira n’akaga
Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byakomeje kumishanaho ibisasu bya misile na drones aho Amerika ivuga ko yarashe ahantu hatandukanye muri Iran, iki gihugu na cyo kivuga ko cyarashe ibirindiro byinshi bya Amerika mu kwihorera.
Ibibazo byiyongereye cyane mu nzira ya Hormuz, ahanyura igice kinini cya peteroli ikoreshwa ku Isi buri munsi. Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatangaje ko nibura ubwato bubiri butwara peteroli bwagabweho n’ibitero na Iran muri iyo nzira ica mu mazi.
Ubwato Mombasa B na Al Bahyah, bwari butwaye peteroli nyinshi kandi bwatewe ibisasu bya misile na Iran, bituma hangirika byinshi.
Iki gitero cyahitanye umwe mu bakozi b’ubwato, abandi benshi barakomereka. Umwe mu bapfuye yari Umuhinde. Leta y’u Buhinde yamaganye ibyo bitero ndetse isaba ko ibitero ku bwato bw’abasivili bihagarara.
Amerika yavuze ko yakajije ibikorwa bya gisirikare muri Iran nyuma y’uko Perezida Donald Trump atangaje ko Amerika yongeye gufungira inzira Iran ku bwato bwaba ubuvuye ku byambu byayo n’ubujyayo.
Trump kandi yavuze ko Amerika izakomeza kurinda umutekano w’ubwato bunyura muri Hormuz ndetse ko bazajya bishyuza 20% ku mizigo inyura muri iyi nzira.
Iran yo ivuga ko ifite uburenganzira bwo kugenzura Hormuz, ndetse abayobozi bayo bavuga ko ari yo izakomeza kuhacungira umutekano.