Mu gihe Tshisekedi bikimugoye Mnangagwa WA Zimbabwe yatangaje amavugururwa ku itegekonshinga
Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, yashyize umukono ku ivugurura ry’Itegeko Nshinga rikuraho amatora ya Perezida ataziguye, risubika amatora ateganyijwe ndetse rikongerera igihe azamara ku butegetsi.
Byatangajwe na Guverinoma ya Zimbabwe mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, nubwo hari abatavuga rumwe na ryo.
Mnangagwa usanzwe ari umwe mu bayobozi bakuru ku Isi bakiri ku butegetsi kuko afite imyaka 83, yari yarasezeranyije ko azava ku butegetsi manda ye ya kabiri ndetse ikaba n’iya nyuma izarangira mu 2028.
Ariko ishyaka riri ku butegetsi rya ZANU-PF, ryashyigikiwe na bamwe mu badepite bo mu batavuga rumwe n’ubutegetsi batavuga rumwe hagati yabo, ryashyize imbere iryo vugurura mu Nteko Ishinga Amategeko, bituma Zimbabwe iba igihugu giheruka muri Afurika guhindura Itegeko Nshinga mu buryo butuma Perezida uri ku butegetsi ashobora gukomeza kuyobora.
Inteko Ishinga Amategeko ya Zimbabwe yemeje iri vugurura muri Kamena. Risubika amatora yari ateganyijwe mu 2028, rikayashyira mu 2030, ibintu bituma manda ya Mnangagwa yongerwa kugeza muri uwo mwaka.
Itegeko Nshinga ryavuguruwe kandi rikuraho gutora Perezida mu buryo butaziguye n’abaturage, aho ubu abagize Inteko Ishinga Amategeko ari bo bazajya batoramo Perezida, ndetse rikongerera manda ya Perezida n’iy’abadepite kuva ku myaka itanu ikagera ku myaka irindwi.
Izi mpinduka zanenzwe n’abaharanira uburenganzira bwa muntu, imiryango itegamiye kuri Leta, abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse na bamwe mu basirikare bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora Zimbabwe rwo mu 1970.
Bavuga ko kongera manda ya Perezida bisaba kubanza kwemezwa na referendum y’abaturage.
Abashyigikiye iri vugurura bavuga ko Inteko Ishinga Amategeko yari ifite ububasha bwo kurishyiraho kuko itegeko rigena ko Perezida ashobora kuyobora manda ebyiri gusa ritahinduwe, nubwo buri manda izaba yarongerewe igihe.
Iri vugurura ryongereye umwuka mubi wa politiki muri iki gihugu cyo mu majyepfo ya Afurika gituwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 15.
Inkiko zo muri Zimbabwe ntizirafata umwanzuro ku birego byinshi byatanzwe n’abamagana iri vugurura basaba ko ryaseswa.
Mnangagwa ayobora Zimbabwe kuva mu 2017, nyuma y’uko Robert Mugabe wayoboye iki gihugu imyaka 37, akuwe ku butegetsi. Mugabe yapfuye mu 2019.
Ni mu gihe Kandi Tshisekedi nawe akomeje urugamba rwo gushaka guhindura itegeko nshinga kugirango yiyorohereze kuguma ku butegetsi nubwo abatavuga rumwe nawe bakomeje kubirwanya binyuze mu mwigaragambyo.