Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mageragere yatawe muri yombi
RIB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko Gitifu Hategekimana Silas akurikiranyweho “ibyaha bya ruswa no kumena ibanga ry’akazi.”
Uru rwego rwasobanuye ko mu mwaka wa 2023 na 2024 Hategekimana yagiye yohererezwa amafaranga na Rubazinda Callixte uyobora kompanyi yitwa Calliane Company Ltd, kugira ngo amukingire ikibaba ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yakoraga nta ruhushya afite.