Rwongeye kwambikana hagati ya FARDC na AFC/M23

intambara ya FARDC na M23

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe bikorana byakajije ibitero ku birindiro by’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’ibya MRDP-Twirwaneho mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bitwara ubuzima bw’abasivili, abandi benshi barakomereka.

Ibi bitero byagabwe kuva mu gicuku cyo kuri uyu wa 9 Kamena 2026, hifashishijwe drones zirimo izo mu bwoko bwa KT-9 n’intwaro ziremereye, nyuma y’amasaha make MRDP Twirwaneho ifashe santere ya Mikenke iri muri Komini Minembwe.

Umuvugizi w’ihuriro AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ingabo za Leta ya RDC zarashe muri santere ya Gasenyi muri Teritwari ya Masisi, zica umukecuru w’imyaka 80 n’umuhungu w’imyaka 13, hakomereka benshi, umudugudu wose urasahurwa.

Kanyuka yasobanuye ko mu rukerera rw’uyu munsi, ingabo za Leta ya RDC zakajije ibitero mu bice byo muri Minembwe birimo Gakenke, Bidegu, Rugezi na Mikenke, hifashishijwe intwaro ziremereye, abasirikare barwanira ku butaka na drones z’ubwiyahuzi.

Col Fidèle Rugabo uri mu bofisiye bakuru ba MRDP-Twirwaneho, yatangaje ko agace ka Kalingi na ko karashwe mu rukerera, yongeraho ko ingabo zabo “zikomeje kwirwanaho, aho umwanzi arimo ahabonera isomo rikomeye.”

AFC/M23 yatangaje ko mu gihe ingabo za Leta ya RDC ikomeje kugaba ibitero ku basivili, na yo yiyemeje kubarwanirira no kurinda imitungo yabo, ikoresheje imbaraga zose ifite.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *