Category: Imyidagaduro

  • Uganda: Umukinnyi w’ikipe y’igihugu yakubitiwe mu muhanda kugeza apfuye yitwa umujura

    Uganda: Umukinnyi w’ikipe y’igihugu yakubitiwe mu muhanda kugeza apfuye yitwa umujura

    Umuryango rusange w’abakinnyi n’abakunzi ba Rugby muri Uganda uri mu gahinda kubera amashusho arimo kugaragara yerekana uburyo umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Rugby yakubiswe kugeza apfuye yitwa umujura. Mu ijoro ryo ku wa gatanu nyuma y’uko abantu bamukubise ari benshi ahitwa Ntinda mu murwa mukuru Kampala. Mu itangazo, polisi ya Uganda yavuze ko abantu batatu, abagabo…

  • France Mpundu yongeye kurikoroza nyuma yo kujya ku rubyiniro atwite inda y’imvutsi

    France Mpundu yongeye kurikoroza nyuma yo kujya ku rubyiniro atwite inda y’imvutsi

    France Mpundu yongeye kugarukwaho cyane nyuma yo gutaramira abakurikiye umuhango wo gusoza icyiciro cya kabiri cy’irushanwa “Nouvelle Reine”, aho yagaragaye aririmba atwite inda nkuru, ariko ntibimubuze gukoresha imbaraga ze zose. Ni ibirori byabaye ku wa 6 Kamena 2026 muri Côte d’Ivoire. Byashyiraga akadomo ku rugendo rw’ibyumweru byinshi abakobwa baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika bari…

  • Killaman yahishuye impamvu yahisemo gutandukana n’ibyamamare bakoranaga nka Dogiteri Nsabi

    Killaman yahishuye impamvu yahisemo gutandukana n’ibyamamare bakoranaga nka Dogiteri Nsabi

    Killaman yatangaje ko guhora atenguhwa inshuro nyinshi n’abakinnyi ba filime yakinishaga barimo umunyarwenya Dogiteri Nsabi byamusunikiye ku gutekereza gutunganya imishinga yakora batarimo mu rwego rwo kwemeza abafana ko ataribo bari bamugize. Umwanditsi akaba n’umukinnyi wa fiime, Niyonshuti Yannick uzwi nka Killaman yahishuye agahinda yatewe n’igihombo cy’imishinga y’amafilime ye ahanini avuga ko cyatewe n’icyo yise kutagira…

  • Umusifuzi yakubise umugeri mu bugabo bw’umukinnyi wa Mukura VS

    Umusifuzi yakubise umugeri mu bugabo bw’umukinnyi wa Mukura VS

    Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs yareze umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul muri FERWAFA, imushinja gukubita umukinnyi wayo umugeri mu myanya y’ibanga. Ibi byabaye mu mukino Mukura VS yatsinzwemo na Rutsiro FC ibitego 2-1, ku munsi wa 29 wa shampiyona yabereye kuri Stade Kamena. Mu gice cya kabiri cy’umukino, ahagana ku munota wa 79, habaye…

  • Bite by’umwuka mubi uri hagati ya Dj Brianne na Muyango

    Bite by’umwuka mubi uri hagati ya Dj Brianne na Muyango

    Uvanga imiziki wamenyekanye nka DJ Brianne yatangaje ko atagikorana na Miss Muyango, ariko ashimangira ko nta kibazo cyihariye bafitanye nk’uko byagiye bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga zigiye zitandukanye. Mu kiganiro yagiranye na The Choice, DJ Brianne yavuze ko iki cyemezo cyaturutse ku cyifuzo yari asanzwe afite cyo gukora wenyine, aho yifuzaga kwigerageza no gukoresha imbaraga ze…

  • Djihad, Pappy Nesta, na KJohn bakatiwe gufungwa imyaka itatu
    ,

    Djihad, Pappy Nesta, na KJohn bakatiwe gufungwa imyaka itatu

    Nyuma yo kuburana mu mizi ku cyaha bacyekwagaho cyo gukwirakwiza amashusho yerekeye imikoreshereze y’ibitsina, abakubiye muri dosiye y’ikirego cy’umuhazi Yampano bamaze gukatirwa. Kuri uyu Gatanu tariki ya 27 Gashyantare 2026 Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwakatiye igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3 Frw Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Kwizera Papy Nestor uzwi nka Papy Nesta,…

  • Samusure uherutse gutahuka yatangaje ko agiye gukora ubukwe
    , ,

    Samusure uherutse gutahuka yatangaje ko agiye gukora ubukwe

    Kalisa Ernest wamamaye nka Samusure yatangaje ko yitegura gukora ubukwe mu mpera z’uyu mwaka nyuma y’igihe gito agarutse kuba mu Rwanda. Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Samusure yavuze ko mu Kuboza kwa 2026 ari bwo azarushinga n’umukunzi we atigeze atangariza imyorondoro. Ati “Mfite ubukwe mu kwa cumi n’abiri kandi ni ibintu bitarimo urwenya nubwo ntaremenya…

  • Umunyamakuru Gloria Mukamabano yasezeye kuri RBA nyuma y’abandi bakomeye nka Rweme na Jean Pierre Kagabo bamubanjirije
    ,

    Umunyamakuru Gloria Mukamabano yasezeye kuri RBA nyuma y’abandi bakomeye nka Rweme na Jean Pierre Kagabo bamubanjirije

    Umunyamakuru wakoreraga Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), Mukamabano Gloria, yasezeye muri izi nshingano yari amazemo imyaka icyenda. Mukamabano yamenyekanye cyane mu gusoma amakuru kuri Televiziyo y’u Rwanda. Uretse kuba yari umunyamakuru ukunzwe n’abatari bake, Mukamabano yari n’Umuyobozi wa Televiziyo ya RBA y’imyidagaduro KC2. Mu 2015 ni bwo Mukamabano Gloria, yasoje amasomo y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza…

  • Nyuma y’imyaka hafi 12, Uncle Austin yasezeye kuri Kiss FM
    ,

    Nyuma y’imyaka hafi 12, Uncle Austin yasezeye kuri Kiss FM

    Umunyamakuru akaba umuhanzi na rwiyemezamirimo, Austin Tosh Luwano (Uncle Austin) yasezeye radiyo ya Kiss FM yakoreraga. yu munyamakuru wari umaze iminsi atumvikana kuri radiyo, yavuze ko yasezeye kuri KISS FM icyakora yirinda kugaruka kuri byinshi by’aho agiye n’ikigiye gukurikira. Ati “Ubu ikintu navuga ni uko nasezeye kuri Kiss FM, ibindi wenda mu gihe kizaza tuzaganira…

  • Tom Close yakubise inkonji Bad Rama
    ,

    Tom Close yakubise inkonji Bad Rama

    Tom Close yibukije abanyarwanda ko uvuga nabi Leta aba yototera umuturage nka kumwe imbeba irya umuhini yototera isuka. Umuhanzi ubifatanya n’inshingano zo gukorera Leta mu kigo cy’igihugu gishinzwe gutanga amaraso, Tom Close nawe yiyunze ku bari gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kwamagana Bad Rama. Uyu Bad Rama aherutse kwandagaza Leta y’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, Umuryango…