Kabila yaba agiye gusimbura Nangaa ku buyobozi bwa AFC/M23?
Amagambo aherutse gutangazwa na Corneille Nangaa, uyobora ihuriro rya AFC/M23, akomeje guteza impaka ndende muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma yo kuvuga ku mugaragaro ko bishoboka ko Joseph Kabila wahoze ari Perezida w’icyo gihugu yazafata ubuyobozi bw’uyu mutwe.
Aya magambo aje mu gihe Guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi yatangiye imyiteguro y’ibiganiro by’igihugu bigamije gushakira umuti ibibazo bya politiki n’umutekano bimaze imyaka myinshi byugarije RDC, cyane cyane mu Burasirazuba bw’igihugu.
Ikinyamakuru Forum des AS cyatangaje ko amagambo ya Corneille Nangaa yakuyeho urujijo ku bivugwa ko Joseph Kabila yaba afitanye umubano n’ihuriro rya AFC/M23.
Nangaa yavuze ko bishoboka ko Kabila yakwiyunga n’uyu mutwe ndetse akaba yanawuyobora. Ibi byakuruye impaka zikomeye kuko Kabila ari we wari Perezida wa RDC igihe umutwe wa M23 wa mbere warwanywaga n’ingabo za Leta hagati ya 2012 na 2013.
Abasesenguzi bibaza uko umuntu wayoboye urugamba rwo kurwanya M23 ashobora kongera kuvugwa nk’ushobora kuyobora uwo mutwe cyangwa ihuriro rishingiye kuri wo.
Hari n’abafata ayo magambo nk’ikimenyetso cyerekana ko hashobora kuba hari imikoranire yari imaze igihe itazwi ku mugaragaro, nubwo nta bimenyetso bifatika biratangazwa bishyigikira ibyo birego.
Mu mezi ashize, ubuyobozi bwa Perezida Félix Tshisekedi bwagiye bushinja Joseph Kabila kugira uruhare mu guhungabanya umutekano w’igihugu no kugirana umubano n’imitwe irimo AFC/M23.
Kabila we yakomeje guhakana ibyo birego, avuga ko ari ibirego bya politiki bigamije kumusebya no kumuca intege mu ruhando rwa politiki.
Nubwo bimeze bityo, amagambo ya Nangaa yongeye gutuma izi mpaka zongera gufata indi ntera.